Gasogi United ishobora kutitabira umukino wa Rayon Sports
Mu gihe hategerejwe umukino ukomeye wa shampiyona uhuza Gasogi United na Rayon Sports, amakuru mashya aravuga ko Gasogi United ishobora kutawukina.
Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles (KNC), yatangaje ko bamaze kumenyesha ubuyobozi bwa Rwanda Premier League aho bahagaze ndetse n’impamvu z’icyemezo bafashe. Yagize ati: “Twamenyesheje Rwanda League aho duhagaze n’impamvu y’icyo cyemezo, ibindi turategereje.”
Amakuru ava mu itangazamakuru, by’umwihariko kuri BB Kigali FM, aravuga ko impamvu nyamukuru ishobora kuba ishingiye ku mafaranga yasabwe kubera ihindurwa ry’isaha y’umukino, ukimurirwa mu masaha y’ijoro.
Bivugwa kandi ko ubuyobozi bwa shampiyona bwamenyesheje Gasogi United ko mu gihe batitabiriye uyu mukino, bashobora guterwa mpaga hashingiwe ku mategeko agenga Rwanda Premier League.
Kugeza ubu, haracyategerejwe umwanzuro wa nyuma uzafatwa n’impande zombi, mu gihe abakunzi b’umupira w’amaguru bakomeje gukurikiranira hafi iki kibazo.
