Kigali – Abakunzi ba Rayon Sports bakomeje kwerekana urukundo n'ubwitange bafitiye ikipe yabo, aho bamaze kwiyemeza gutanga inkunga igera hafi kuri miliyoni 200 z'Amafaranga y'u Rwanda mu rwego rwo gushyigikira ikipe mbere y'umwaka w'imikino wa 2026/2027.
Ibi byatangajwe mu gihe hasigaye igihe gito ngo habe ibirori bya Rayon Day, umunsi uba ugamije kumurika ikipe ndetse no gutangiza ku mugaragaro umwaka mushya w'imikino.
