Mu gihe Manchester United yitegura gukina na Newcastle kuri Boxing Day muri Premier League, umutoza mushya Ruben Amorim yagarutse ku hazaza h’iyi kipe, by’umwihariko ku bakinnyi bakiri bato nka Kobbie Mainoo na Joshua Zirkzee, ndetse n’imiterere y’imikino (system) akinisha.
Kobbie Mainoo: “Ni we hazaza ha Manchester United”
Nubwo Kobbie Mainoo atari bubone umwanya wo gukina uyu mukino kubera imvune, hari impaka nyinshi ku hazaza he bitewe n’uko atarajya ahabwa umwanya uhagije mu ikipe ibanza. Ariko Ruben Amorim yasabye abafana n’itangazamakuru kwihangana.
Amorim yavuze ko Mainoo ashoboye gukina mu myanya itandukanye, yaba hagati mu kibuga cyangwa mu bundi buryo bitewe n’uko ikipe iteguye. Yongeyeho ko amubonamo umukinnyi w’ingenzi w’ejo hazaza ha Manchester United, kandi ko amahirwe ye ashobora guhinduka vuba cyane, kuko “muri ruhago ibintu bihinduka mu minsi mike”.
Joshua Zirkzee: Nta gusohoka nta musimbura
Hari amakuru aturuka mu Butaliyani avuga ko AS Roma ishaka kuguriza Joshua Zirkzee, bikaba byarimo n’option yo kumugura burundu. Gusa Amorim yavuze ko nta mukinnyi uzagenda mu kwezi gutaha kwa Mutarama igihe cyose nta musimbura uzaba wabonetse.
Yasobanuye ko Manchester United ifite inshingano zikomeye zo gutsinda buri mukino, kandi ko ikipe isanzwe ari ngufi mu mubare w’abakinnyi, bityo kugabanya abandi byaba ari ikibazo. Yemeje ko hari gahunda ihari, kandi Attachment ya yo izakurikizwa.
Guhindura 3-4-3: Amorim yiteguye kwigomwa system ye
Kuva yagera muri Old Trafford, Ruben Amorim yari azwiho gukomera kuri system ya 3-4-3. Ariko ubu yemeye ko ishobora guhinduka, bitewe n’ubushobozi bw’abakinnyi ahari.
Yagize ati: “Kugira ngo 3-4-3 ikorwe neza, bisaba igihe kinini n’amafaranga menshi. Ndabona ko ubu bidashoboka. Bityo, nshobora kwigira ku bakinnyi mfite nkahindura uko dukina.”
Yatanze urugero ku buryo gukinisha Amad Diallo bihindura imiterere y’umukino, avuga ko iyo hari undi mukinnyi umeze nka we ku rundi ruhande, United yaba ishobora kurushaho gusatira no guhindura umukino wose.
===================================================
Manchester United iri mu bihe by’ingenzi byo kwiyubaka bushya. Ruben Amorim agaragaza ko atari umutoza ufite amahame akomeye adahinduka, ahubwo ko yiteguye kwihuza n’ukuri kw’ikipe afite, agatanga amahirwe ku bakinnyi bato, kandi agakora impinduka z’ingenzi mu mikinire.
Abafana b’iyi kipe basabwa kwihangana, kuko nk’uko Amorim abivuga, ejo hazaza ha Manchester United harimo kubakwa ubu.







0 Comments: