🚨 BREAKING: Abdul Ishimwe has signed for APR FC from INTARE FC.

Myugariro Abdul Ishimwe yamaze gusinyira APR FC, avuye mu ikipe ya INTARE FC, nyuma y’inkuru zakomeje kuvugisha benshi ku masezerano ye yari afitanye na MUKURA VS aho yari yaramutijwe.


Nk’uko byemejwe n’ubuyobozi bwa MUKURA VS, uyu munsi bashyize Frw 10,000,000 kuri konti ya INTARE FC nk’uko byari biteganyijwe mu masezerano y’inguzanyo y’umukinnyi. Gusa INTARE FC yatangaje ko ayo mafaranga yatinze, kuko MUKURA VS yayatanze nyuma y’uko bari bamaze kubona ibaruwa ibamenyesha iseswa ry’amasezerano kubera kutubahiriza ibyo bumvikanyeho ku gihe.

Umwe mu bayobozi ba INTARE FC yabwiye itangazamakuru ati:

“Ntabwo bubahirije amasezerano. Bishyuye ari uko tumaze kubandikira tubamenyesha ko amasezerano aseswe.”

Ibi byahise bifungura amarembo ku kugenda kwa Abdul Ishimwe, wahise yerekeza mu ikipe y’Ingabo z’Igihugu, APR FC, imubona nk’umukinnyi w’ejo hazaza ushobora gufasha cyane mu kongera imbaraga mu bwugarizi bwabo.

Amakuru yemezwa n’abantu ba hafi b’uyu mukinnyi avuga ko yamaze gusinya amasezerano nk’umukinnyi mushya wa APR FC, aho ategerejweho kwitwara neza no kwerekana impano ye ku rwego rwo hejuru.

➡️ Ese Abdul Ishimwe azabona umwanya uhagije muri APR FC?
➡️ Mukura VS yaba itakaje amahirwe yo kumugumana kubera gutinda kwishyura?

🗣️ Igitekerezo cyawe ni iki kuri iyi transfer?

#BreakingNews #TransferUpdate #APRFC #IntareFC #MukuraVS #RwandaFootball #InkuruZimikino ⚽🔥

About the Author

I'm Olivier Tuyisenge, the founder of Intare times. I'm a freelance writer on topics related to sport news and making trends story about sport. I'm blogging since 2025 and I'm owner of Intare times.
Follow Us on Twitter or On Facebook


Visit intaretimes.blogspot.com to get updates about sports

0 Comments:

Post a Comment